00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel yohereje ibifaru aho ikeka ko imbohe zayo zahishwe

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 21 July 2025 saa 07:38
Yasuwe :

Ku nshuro ya mbere Igisirikare cya Israel cyohereje ibifaru mu Majyepfo n’u Burengerazuba bw’umujyi wa Deir al-Balah wo muri Gaza, kigaragaza ko hahishwe imbohe z’abanya-Israel.

Ibi bifaru bya Israel byoherejwe mu gace ka Deir al-Balah gatuwemo n’Abanya-Palestine bahunze intambara igiye kumara amezi arenga 21 ihuza Israel n’umutwe wa Hamas.

Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza yagaragaje ko kuva ibi bifaru byakoherezwa na Israel muri Deir al-Balah bimaze kurasa ibikorwaremezo bikomeye birimo inzu z’abantu ndetse abantu batatu bamaze kuhasiga ubuzima abandi barahakomerekera.

Iyi Minisiteri yakomeje ivuga ko no mu Majyepfo ya Gaza, Khan Younis, Israel yagabyeyo ibitero by’indege bikomeye byahitanye abantu batanu barimo umugabo n’umugore n’abana babo babiri.

Palestine ihamya ko mu munsi umwe Israel igabye ibitero muri utu duce Abanya-Palestine bagera ku 130 bamaze kuhasiga ubuzima na ho abarenga 1000 barahakomerekera.

Ntacyo ubuyobozi bwa Israel buragira icyo butangaza ku bitero iki gihugu kimaze gukorera muri Deir al-Balah na Khan Younis.

Gusa umwe mu bayobozi ba Israel yatangaje ko impamvu nyamukuru yatumye ingabo za Israel zitava mu gace ka Deir al-Balah ari ukubera ko bakeka ko hakiri imfungwa ziri hagati ya 20 na 50 zigifashwe bugwate na Hamas.

Israel yohereje imodoka z'intambara mu gace gatuwemo n'impunzi nyinshi z'Abanya-Palestine muri Gaza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages