Nkuko Reuters ibitangaza, Perezida Xi Jinping yabwiye Abaperezida bo muri Afurika ko igihugu cye gishaka kubaka umubano w’ubuvandimwe n’umugabane wa Afurika.
Perezida Xi, yagaragaje imirongo icumi y’igamije iterambere ry’Afurika irangajwe imbere n’Ubushinwa.
Yagize ati “ Kugirango twizere neza ishyirwa mu bikorwa ry’iyi mirongo icumi y’ubufatanye, Ubushinwa bufashe umwanzuro wo guha uyu mugabane miliyari 60 z’Amadorali, zizawufasha kwiteza imbere.”
Muri iyi nama u Rwanda ruhagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, wagaragaje ko hari byinshi u Rwanda rwiteze muri iyi nama kuko hari byinshi byakozwe nyuma y’inama iheruka.
U Bushinwa bwateye intambwe ikomeye mu kuzamura ubukungu bushingiye ku ishoramari n’inganda muri Aziya n’Isi muri rusange.



















TANGA IGITEKEREZO