Seba yahaswe ibibazo ubwo yari ageze mu murwa mukuru Paris, ahanini hashingiwe ku magambo yagiye avuga anenga u Bufaransa.
Kemi Seba abinyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Kabiri yahaswe ibibazo n’inzego zishinzwe ubutasi, kandi ko ibyo yazize azabitangaza mu minsi ya vuba.
Bivugwa ko Seba yagiye mu Bufaransa kuganira n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Bénin bahaba.
Muri Nyakanga uyu mwaka u Bufaransa bwambuye ubwenegihugu Kemi Seba azira kuvuga nabi icyo gihugu.
Seba yavuze ko kumwambura ubwenegihugu ntacyo bimubwiye, ahubwo ko bigaragaza ko akazi akora gatanga umusaruro.
Guverinoma ya Niger itavuga rumwe n’u Bufaransa yahise imuha pasiporo y’abadipolomate.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!