00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Igisirikare cyemeje ko cyishe umuyobozi wa Al shabaab ushinzwe iperereza

Yanditswe na

Ezechiel Mbananabo

Kuya 18 February 2016 saa 03:19
Yasuwe :

Igisirikare cya Kenya cyasohoye itangazo ryemeza ko cyishe umuyobozi w’umutwe wa Al Shabaab ushinzwe iperereza.

BBC dukesha iyi nkuru iravuga ko Mohammed Karatey yiciwe hamwe n’abandi basirikare b’abakomando icumi ba Al Shabab , mu gitero cyo mu kirere cyabereye mu majyepfo ya Somaliya ,tariki ya 8 Gashyantare 2016.

Mohamed yagize uruhare rukomeye mu gitero Al shabab yagabye mu kwezi gushize ku basirikare ba Kenya bari mu butumwa by’umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe muri Somalia.

Al Shabaab icyo gihe ytangaje ko yishe abasirikare ba Kenya barenga 63.

Kugeza ubu Kenya ifite abasirikare barenga 4000 mu bagera ku 22000 b’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bari muri Somaliya .

Kuva intambara zatangira muri Somalia mu mwaka wa 1991, nibura abantu 500 bamaze gupfa.

Abarwanyi ba Al Shabaab

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages