00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya igiye kubaka gereza y’intagondwa

Yanditswe na

Ntakirutimana Deus

Kuya 18 February 2016 saa 06:55
Yasuwe :

Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta yatangaje imishinga afite yo kubaka gereza nshya izajya ifungirwamo abakoze ibyaha by’ubutagondwa.

Iyo gereza izatuma amatwara y’izo ntagondwa adakwirakwizwa mu baturage ba Kenya.

Uhuru yabitangaje ubwo yahuraga n’abacungagereza 2300 bari basoje amasomo mu ishuri ry’imyitozo rya Ruiru muri Kiambu, ari na bwo bwa mbere yari yitabiriye imihango y’abacungagereza basoje amasomo.

Muri uwo muhango Kenyatta yagize ati “ Nizeye ko muzereka Abanyakenya ko mwujuje ibisabwa mwubahiriza ibisabwa ngo munoze akazi kanyu.”

The Star dukesha iyi nkuru ivuga ko yabasezeranyije ko leta izakomeza kwita ku mibereho yabo myiza, asaba abayobozi ba gereza gufasha imfungwa gukangukira kwiga amashuri y’imyuga n’andi azabafasha gusubira mu miryango yabo bafunguwe bakagira icyo bimarira.

Kenya yakunze kwibasirwa n’ibitero by’intagondwa z’abayisilamu bo mu mutwe wa Al-Shabab , abatari bake bakahasiga ubuzima. Ibiheruka ni ibyagabwe ku ishuri rya Garissa bikicirwamo abarenga 140 ndetse n’ibyagabwe ku iguriro rya West Gate Mall.

Perezida Uhuru Kenyatta asoza imyitozo y'abacungagereza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages