00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kim Jong Un agiye gusura u Burusiya mu biganiro bizibanda ku ntwaro

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 5 September 2023 saa 07:42
Yasuwe :

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, agiye gusura u Burusiya mu biganiro bizibanda ku buryo Koreya ya Ruguru yaha icyo gihugu intwaro.

BBC yatangaje ko urwo ruzinduko ruteganyijwe muri uku kwezi nubwo hataramenyekana amatariki nyayo.

Ibiganiro bizibanda ku buryo Koreya ya Ruguru yaha intwaro u Burusiya bumaze umwaka n’igice burwana intambara muri Ukraine.

Amakuru y’ibanze avuga ko Kim ashobora kuzajya mu Burusiya muri gari ya moshi idatoborwa n’amasasu.

Uru ruzinduko Amerika ivuga ko rukurikiye urwa Minisitiri w’Ingabo w’u Burusiya muri Koreya ya Ruguru, aho yari agiye kumvisha icyo gihugu ko gikwiriye kugurisha intwaro u Burusiya.

Mu ntwaro u Burusiya bushaka harimo izirasa kure zizwi nka Hwasong, zimaze igihe zimuritswe na Koreya ya Ruguru.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zaburiye Koreya ya Ruguru ko niramuka igurishije intwaro u Burusiya izafatirwa ibihano, nubwo isanganywe n’ubundi ibihano yafatiwe na Amerika.

Kim Jong Un na Putin baherukaga guhura muri Mata 2019, aho bahuriye mu Mujyi wa Vladivostok ari nawo bashobora kongera guhuriramo.

Kim Jong Un na Putin baherukanaga muri Mata 2019

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages