00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Korea ya Ruguru yagerageje ikindi gisasu Amerika irumirwa

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 5 April 2017 saa 08:14
Yasuwe :

Korea ya Ruguru yongeye kugerageza igisasu, igitera mu nyanja y’Abayapani nyuma y’iminsi mike gusa Perezida wa Amerika Donald Trump atangaje ko agiye gusaba u Bushinwa kuyifatira ibihano butagira icyo bukora Amerika ikabyikemurira.

Ibi bibaye kandi mbere gato y’ibiganiro Trump azagirana na mugenzi we w’ u Bushinwa Xi Jinping, aho bazaganira ku buryo ibihugu byombi byafatanya bigakumira Korea ya Ruguru gukomeza gucura ibitwaro bya kirimbuzi.

Iki gisasu cyatewe kuri uyu wa Gatatu, ubuyobozi bw’igisirikare cya Korea y’Epfo bwatangaje ko cyatewe mu birometero bisaga 60 uturutse ahitwa Sinpo ku birindiro by’igisirikare cya Korea ya Ruguru.

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko nyuma y’uko Korea ya Ruguru iteye iki gisasu, Rex Tillerson umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko havuzwe ndetse hanakorwa byinshi ubu ntacyo Amerika yarenzaho.

Gusa Korea y’Epfo, u Buyapani na Amerika byamaganye iki gikorwa buvuga ko ari ubushotoranyi no kurenga ku masezerano ya Loni agenga icurwa n’ikoreshwa ry’intwaro kirimbuzi.

Ubusanzwe Amerika ivuga ko u Bushinwa bugira uruhare mu gufasha Korea ya Ruguru mu icurwa ry’ibitwaro bya kirimbuzi, binyuze mu kuyorohereza inzira z’ubucuruzi.

Mu kwezi gushize, Korea ya Ruguru yagerageje ibisasu kirimbuzi bisaga bine mu Nyanja y’Abayapani, mu gace kitwa Tongchang-ri hafi y’aho Bugabanira n’u Bushinwa China.

Korea ya Ruguru imaze kugerageza ibisasu byinshi muri iki gihe cya vuba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages