Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ibiro bya Perezida wa Koreya y’Epfo ku ya 7 Nzeri 2025, ryashimangiye ko ibiganiro byo kurekura abakozi bagera kuri 300 bafashwe byarangiye, kandi ibikorwa byo kubasohora muri gereza birimbanije.
Ikinyamakuru Yonhap cyo muri Koreya y’Epfo, cyatangaje ko Ambasaderi w’icyo gihugu i Washington, Cho Ki-joong, yatangaje ko abo bakozi bashobora guhaguruka muri Amerika ku wa Gatatu basubira muri Koreya y’Epfo.
Perezida Donald Trump yagize ubutumwa atanga, agaruka ku ntego ye, yo gukomeza guhigisha uruhindu abimukira, aboneraho no gushishikariza ibigo mpuzamahanga bishora imari muri Amerika kubikurikiza.
Trump yagize ati “Ishoramari ryanyu ntirihejwe muri Amerika, turabashishikariza kuzana abakozi banyu bafite ubumenyi mu buryo bwemewe n’amategeko, kugira ngo bubake ibicuruzwa byo ku rwego rwo hejuru. Kandi tuzaborohereza kubikora.”
Trump yabitangaje nyuma yo kubwira itangazamakuru ko ibi bibazo bitazangiza umubano igihugu cye gifitanye na Koreya y’Epfo.
Ku wa Kane, abashinzwe umutekano muri Amerika bataye muri yombi abakozi bagera kuri 475 barimo Abanya-koreya y’Epfo 300, mu ruganda rwa Hyundai rukora batterie z’imodoka ruri kubakwa i Ellabell muri Georgia.
Koreya y’Epfo yakiriye nabi ibi bikorwa, cyane ko byabaye hashize iminsi 10 gusa abakuru b’ibihugu byombi bahuriye mu nama bakemeranya gukomeza gufatanya mu bucuruzi.
Inzego z’umutekano zatangaje ko byakozwe hakurikijwe impapuro z’urukiko zirebana n’abakorera muri Amerika. Abandi bayobozi bavuga ko benshi mu bafashwe nta byangombwa byemewe n’amategeko byo gukorera muri Amerika bari bafite.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!