Umwuzure n’inkangu byatewe n’imvura nyinshi yaguye muri icyo gihugu mu minsi ishize, ituma imigezi yuzura, ubutaka bworoshye butarenguka, cyane cyane mu gace ka Gapyeong.
Uretse abantu bitabye Imana, hari n’umubare munini w’abakomeretse, nubwo utaramenyekana, cyane ko ibikorwa byo gushaka abagizweho ingaruka n’ibi biza bikomeje.
Amajyepfo ya Koreya y’Epfo niyo yibasiwe cyane, aho nibura ingo ibihumbi 41 zabuze umuriro mu gihe abantu ibihumbi 10 bahungishijwe kugira ngo barengere ubuzima bwabo.
Perezida w’icyo gihugu, Lee Jae-myung, yashyizeho ibihe bidasanzwe mu bice byibasiwe cyane n’ibi biza, asaba abaturage gufatanya n’inzego zishinzwe gutanga ubutabazi kugira ngo ababuze baboneke n’abakeneye ubufasha babuhabwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!