00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Koreya y’Epfo: Urukiko rwemeje ko Minisitiri w’Intebe akomeza kuyobora igihugu

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 24 March 2025 saa 10:35
Yasuwe :

Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga muri Koreya y’Epfo rwatesheje agaciro umwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko wo kweguza Minisitiri w’Intebe, Han Duck-soo nka Perezida w’Inzibacyuho, rwemeza ko aguma kuri uwo mwanya.

Ku wa 24 Werurwe 2025, nibwo Abacamanza batoye icyemezo gihagarika iyeguzwa rya Han, undi ahita agaragaza ibyishimo bidasazwe yizeza ko agiye kugarura Guverinoma ikurikiza amategeko.

Ati “Ndashimira cyane urukiko kubera umwanzuro w’ubwenge rwafashe kandi ndizeza ko ngiye kugarura Guverinoma ikurikiza amategeko.”

Han yagiye ku butegetsi nk’umuyobozi w’inzibacyuho mu Ukuboza 2024 ubwo Perezida, Yoon Suk Yeol, yari amaze kweguzwa ku mwanya we n’Inteko Ishinga Amategeko nyuma y’umwanzuro yari yafashe kijyanye no gushyiraho ibihe bidasanzwe bya gisirikare.

Icyakora ntabwo yigeze awutindaho kubera ko yamaze ibyumweru bibiri nyuma abadepite bahise batora umwanzuro wo kumweguza.

Kuva icyo gihe Koreya y’Epfo yari iyobowe na Minisitiri w’Intebe wungirije, Choi Sang-mok.

Urukiko rwemeje ko Minisitiri w’Intebe, Han Duck-soo akomeza kuba Perezida w’inzibacyuho muri Koreya y'Epfo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages