00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Koreya ya Ruguru igiye kumurika politiki y’ikoreshwa ry’intwaro za nucléaire

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 13 September 2025 saa 07:55
Yasuwe :

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, yatangaje ko hari gahunda yo gushyiraho politiki y’ikoreshwa ry’intwaro za nucléaire ndetse no kongerera ubushobozi igisirikare cy’iki gihugu.

Yabigarutseho ku wa 12 Nzeri 2025, mu kiganiro yagiranye n’Ibiro Ntaramakuru bya Leta ya Koreya ya Ruguru, KCNA, aho yababwiye ko ibi bizatangarizwa mu Nama Nkuru y’Ishyaka riyoboye iki gihugu.

Ibi kandi yari yabigarutseho ku wa 11 Nzeri, ubwo yari yasuye ikigo cy’ubushakashatsi ku bijyanye n’ikoreshwa ry’intwaro za nucléaire.

Izi mpinduka kandi zigiye kuba nyuma y’uruzinduko uyu mugabo aheruka kugirira mu Bushinwa aho yari yitabiriye ibirori ngarukamwaka byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 80 ishize u Bushinwa butsinze ubwami bw’u Buyapani bigashyira iherezo ku ntambara ya Kabiri y’Isi.

Bikekwa ko Koreya ya Ruguru itunze intwaro za nucléaire aho bivugwa ko itunze nibura ibisasu bibarirwa hagati ya 15 na 25. Iki gihugu kibarwa mu bifite ibisirikare bihambaye, aho kibarirwa abasirikare miliyoni enye.

Koreya ya Ruguru igiye kumurika politiki y’ikoreshwa intwaro za nucléaire

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages