Ibyo byabaye ku wa 19 Kamena 2024, mu ruzinduko Perezida Putin yagiriye muri Koreya ya Ruguru.
Abaminisitiri barimo uw’ububanyi n’amahanga, Serge Lavrov, uw’Intebe wa mbere wungirije, Denis Manturov, uw’Intebe wungirije, Vitaly Savelyev na mugenzi we Alexander Novak, uw’ Ingabo, Andrei Belousov, uw’Ubuzima Mikhail Murashko n’abandi bayobozi, ubwo binjiraga muri icyo cyumba, umwe mu bayobozi muri Leta ya Koreya ya Ruguru yumvikanye agerageza kubabuza kwicara.
Abo bayobozi batunguwe n’ibibaye bamubaza impamvu ababuza kwinjira, ababwira ko bafite uko baba babiteguye. Barasohowe nyuma Perezida Kim na mugenzi we Putin baza kubanza kwinjira mu cyumba.
Nyuma y’ibiganiro byabereye muri icyo cyumba, u Burusiya na Koreya ya Ruguru byashyize umukono ku masezerano atandukanye, arimo ajyanye n’umutekano no gutabarana.
Putin yavuze ko ari intambwe ikomeye itewe hagati y’ibihugu byombi.
Kim yise Putin inshuti magara y’abaturage ba Koreya anavuga ko igihugu cye kibashyigikiye byimazeyo kandi ko bifatanyije na Guverinoma y’u Burusiya, mu gihe hari ibihugu byinshi byafatiye u Burusiya ibihano bitewe n’intambara muri Ukraine.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!