00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ku nshuro ya mbere umuntu yahinduriwe umwijima hifashishijwe ‘robot’

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 30 September 2023 saa 08:06
Yasuwe :

Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 60 yavuriwe mu Bitaro King Faisal Specialist Hospital and Research Center (KFSH&RC) by’i Riyadh muri Arabie Saoudite, ahindurirwa umwijima hifashishijwe robot aba uwa mbere uhawe iyo serivisi ku Isi yose.

Umuyobozi w’ibyo bitaro mu Ishami ritanga Ubuvuzi hifashishijwe guhindura ingingo, Prof. Dieter Brüring, ni we wayoboye itsinda ry’abaganga bavuye uwo murwayi. Yavuze ko ubu ari ubuvuzi bw’amateka bigezeho kandi bigaragaza ko rugeze ku rwego rukomeye mu guhanga udushya mu buvuzi bushobora guhabwa uwo ari we wese ku Isi.

Ibinyamakuru birimo icya Saudi Gazette yandikira muri Arabie Saoudite byatangaje iyi nkuru ku wa 27 Nzeri 2023, byavuze ko Ibitaro bya KFSH&RC bisanzwe bizwiho kugira umwihariko mu buvuzi ku Isi, aho guhera mu 2018 byanashyize imbaraga mu buvuzi bwo kubaga hifashishijwe ikoranabuhanga ryibanda ku gukoresha robots.

Bisanzwe kandi bitanga amahugurwa ku bandi baganga bo mu bindi bitaro bakiyungura ubumenyi mu bijyanye no kubaga hifashishijwe robots.

Umurwayi wahinduriwe umwijima yari yarashyizwe mu bitaro ku wa 9 Nzeri 2023 akomeza gukurikiranwa n’abaganga.

Abamwiseho bagaragaje ko ubuvuzi yahawe bwizewe kandi azamererwa neza kurusha uko yari guhindurirwa umwijima hifashishijwe uburyo busanzwe bukoreshwa, kuko uwabuhawe aba ashobora kumara igihe kinini yitabwaho mu bitaro nyuma yo kubagwa.

Ibitaro bya KFSH&RC by’i Riyadh muri Arabie Saoudite byabaze umurwayi wa mbere bimuhindurira umwijima hifashishijwe robot

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages