Umwe mu bayobozi bakuru b’uyu muryango wabitangaje, yavuze ko ibihumbi by’ingabo z’uyu muryango ziri mu butumwa ahatandukanye ku Isi, zizasezererwa mu mezi ari imbere, bitewe na gahunda ya Perezida Trump yo kugabanya inkunga iki gihugu cyohereza hanze yacyo.
Bivugwa ko nibura abasirikare n’abapolisi bari hagati y’ibihumbi 13 n’ibihumbi 14 mu bagera ku bihumbi 50 bari mu butumwa icyenda bw’uyu muryango hirya no hino ku Isi, bazasubizwa mu bihugu byabo, aho n’ubutumwa bw’uyu muryango muri Somalia buzagirwaho ingaruka.
Loni irateganya kugabanya 15% ku ngengo y’imari yayo igenewe igisirikare muri uyu mwaka.
Ibihugu Loni ifitemo ubutumwa bwo kugarura amahoro, birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Centrafrique, Sudani y’Epfo, Lebanon, Chypre na Kosovo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!