Iyi myobo rusange yavumbuwe muri uku kwezi, mu duce twa Diboko na Sumbula, duherereye muri gace ka Kamonia mu Ntara ya Kasai y’Uburengerazuba.
Aljazeera dukesha iyi nkuru yanditse ko ingabo za Loni zishinzwe kubungabunga amahoro muri Congo zitangaza ko muri rusange hamaze kuboneka imyobo rusange 80 yajugunywemo abantu.
Imiryango mpuzamahanga ikomeza gutabaza ku bwicanyi n’ibindi bikorwa bibangamira uburenganzira bwa muntu muri Kasai ndetse bamwe mu badipolomate muri RDC bagaragaje ko byaba bifitanye isano n’amatora ya Perezida w’iki gihugu yagombaga kuba mu mpera za 2016 akaza kwimurwa.
Manda ya Perezida Kabila yarangiye mu Ukuboza ndetse nyuma y’imyigaragambyo ku ya 31 Ukuboza, Guverinoma n’abatavuga rumwe nayo bashyira umukono ku masezerano yo kwimurira amatora mu mpera z’uyu mwaka.
Ambasaderi wa Loni muri RDC, Ignace Gata Mavita, yatangaje ko ibikorwa byo kwiyandikisha kuri lisite y’itora mu ntara ya Kasai na Kasai Centrale bitaratangira. Yavuze ko ibi bikorwa biteganyijwe kuya 20 Nyakanga. Mu minsi ishize Komisiyo y’Amatora yatangaje ko ashobora kongera kwimurwa.
Imirwano yo muri Kasai bivugwa ko yatangiye nyuma yo kutavuga rumwe kwa Leta n’umwe mu bayobozi baho witwa Jean-Pierre Mpandi washinze umutwe wa ‘Kamuina Nsapu’, witwara gisirikare muri aka gace aho unashinjwa na Leta guteza umutekano muke.
Uyu yaje kwicwa mu mirwano yo muri Kanama 2016. Guverinoma yashinje umutwe witwaje intwaro wa ‘Kamuina Nsapu’ kujugunya imirambo y’abantu mu byobo rusange gusa Loni yemeza ko iperereza ryerekana ko abenshi bishwe bikekwa ko ari abo muri uwo mutwe.
Umuyobozi w’Ingabo za Loni muri Congo, Jean-Pierre Lacroix, yabwiye akanama k’umutekano kayo ko ibibazo by’umutekano muri Kasai bimaze kuba indengakamere.
Imibare yatanzwe na Kiliziya Gatolika na Loni igaragaza ko abarenga ibihumbi 3,000 barishwe, mu gihe abagera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi 300 bavuye mu byabo bahungira muri Angola.



















TANGA IGITEKEREZO