Guverineri wa Leta ya California, Gavin Newsom, yagaye icyo cyemezo avuga ko kitagamije inyungu rusange z’abaturage.
Ku wa Mbere, Newsom yareze Leta ya Trump mu rukiko avuga ko kpoherezwa ku ingabo byakozwe nta burenganzira Trump afite kuko we nk’umuyobozi wa California atigeze asaba ubufasha.
Iyi myigaragambyo yakajije umurego ku wa Gatanu no ku wa Gatandatu, aho abaturage bamagana uburyo igikorwa cyo gufata no gufunga abimukira badafite ibyangombwa kiri gukorwamo, bagaragaza ko kirengagiza amahame y’uburenganzira bwa muntu.
Ku rundi ruhande, bamwe mu bigaragambya bafitanye isano n’abimukira bafashwe, aho bari gushyirwa mu bigo byabugenewe, mu gihe hashakishwa uburyo basubira mu bihugu byakomotsemo.
Abigaragambya bahanganye n’inzego z’umutekano bakoresheje amabuye ndetse batwika imodoka, mu gihe nazo zabamishemo imyuka iryana mu maso.
Tumwe mu duce turimo abigaragambya nka Paramount, dutuyemo abarenga 80% abaturage bafite inkomoko mu bihugu nka Mexique n’ibindi, ari nabo bashinjwa kuzana bene wabo badafite ibyangombwa, bakabacumbikira.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!