00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Menya abagize “Board of Peace”, itsinda rya Trump rigena ahazaza ha Gaza

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 17 January 2026 saa 11:32
Yasuwe :

Ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, White House, byashyize hanze urutonde rw’abayobozi bazaba bagize akanama gashinzwe kureba ko gahunda y’amahoro ya Donald Trump yubahirizwa muri Gaza.

Ni itsinda ryiswe ‘Board for peace’ aho rizaba rishinzwe kugenzura iyubahirizwa rya gahunda Trump yo kugarura amahoro muri Gaza.

Kuri urwo rutonde rwashyizwe hanze ku wa 16 Mutarama 2026, ruriho abayobozi batandukanye mu nzego zitandukanye biganjemo abasanzwe bakurikirana ibya politiki mpuzamahanga.

Ku ikubitiro iri tsinda rigizwe n’Umunyamabanga wa Amerika Ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio. Mu busanzwe uyu mugabo yakunze kugaragaza ko ashyigikiye Israel ndetse yumva ko yarimbura umutwe wa Hamas burundu, gusa nyuma aza guhindura ibitekerezo agaragaza ko amasezerano y’amahoro aricyo gisubizo cyonyine gihari.

Intumwa yihariye ya Perezida Donald Trump, Steve Witkoff, nawe ni umwe mu bagize iri tsinda. Uyu mugabo yamenyekanye cyane ku ruhare rwe mu biganiro byo kugarura amahoro cyane cyane hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

Jared Kushner, ni umukwe wa Donald Trump, ukunze kugira uruhare mu biganiro by’amahorobirimo intambara yo muri Ukraine n’ikibazo cya Gaza. Akunze gukorana bya hafi na Witkoff ku biganiro by’amahoro dore ko aherutse no guhura na Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu, ngo baganire ku kibazo cya Gaza.

Tony Blair wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kuva mu 1997-2007, nawe ni umwe mu bagize ‘Board of Peace’ ya Trump.

Umuyobozi Mukuru wa Apollo Global Management, Marc Rowan, ari mu bagize itsinda ryo kugenzura ko gahunda y’amahoro ya Trump yubahirizwa muri Gaza.

Abandi ni abarimo Perezida wa Banki y’Isi, Ajay Banga n’Umujyanama wa perezida mu by’umutekano, Robert Gabriel.

Nickolay Mladenov, wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Bulgarie ni we wahawe umwanya wo kuyobora iri tsinda, aho azajya areberera buri wese mu nshingano azahabwa ko byubahirijwe.

Buri muyobozi azahabwa inshingano zihariye zirimo nko kureba imiyoborere ya Gaza, kongera kuyubaka, gukurura abashoramari, imibereho myiza y’abaturage, kongera kubaka umubano mwiza n’ibindi bihugu, kubungabunga umutekano, inkunga zigamije guteza imbere ibyo bikorwa n’ibindi.

Trump yahaye iri tsinda abajyanama babiri, Aryeh Lightstone, wabaye Umujyanama wa Ambasaderi wa Amerika muri Israel ndetse na Josh Gruenbaum.

Umunyamabanga wa Amerika Ushinzwe Ububanyi n'Amahanga, Marco Rubio, ari mu bagize itsinda rya Board of Peace
Umukwe wa Perezida wa Amerika Donald Trump, Jared Kushner, ari mu bagize Board of Peace
Intumwa yihariye ya Perezida Donald Trump mu Burasirazuba bwo hagati no mu biganiro by'amahoro, Steve Witkoff, ni umwe mu bazashyira mu bikorwa gahunda ya Trump yo kugarura amahoro muri Gaza
Tony Blair wabaye Minisitiri w'Intebe w'u Bwongereza kuva mu 1997-2007 yagizwe umwe mu bageze Board of Peace
Umuyobozi Mukuru wa Apollo Global Management, Marc Rowan, yongewe mu bazagira uruhare muri gahunda yo kugarura amahoro muri Gaza
Nickolay Mladenov yabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Bulgarie
Perezida wa banki y’Isi, Ajay Banga, ari mu bagize itsinda rizareberera ishyirwa mu bikorwa rya gahunda ya Trump y'amahoro muri Gaza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages