00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Meta yemeye kwishyura Trump miliyoni 25$

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 30 January 2025 saa 12:13
Yasuwe :

Ikigo cya Meta cyemeye kwishyura Perezida Donald Trump miliyoni 25 z’Amadorali ya Amerika, binyuze mu bwumvikane bwo kurangiza urubanza yari yarakirezemo.

Trump yari yarareze Facebook ayishinja kumufungira konti mu 2021 nyuma y’imvururu zabereye ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika, Capitol, ku wa 6 Mutarama 2021, ashinjwa kuba intandaro yazo.

Kuri uwo munsi abari bashyigikiye Trump mu matora y’Umukuru w’Igihugu, bigabije Capitol banenga ibyavuye mu matora, aho Joe Biden yari agiye kwemezwa nk’uwatsinze.

Ikinyamakuru Wall Street Journal cyatangaje ko miliyoni 22$ zizahita zishorwa muri ‘Trump Presidential Library’, mu gihe asigaye azakoreshwa mu kwishyura ikiguzi cy’urubanza no gusaranganywa abandi baregeye hamwe na Trump.

Nubwo Meta itigeze yemera ko yakoze ikosa, yemeye kwishyura nyuma y’imyaka ibiri y’imanza n’ibiganiro byahinduye isura, nyuma y’uko Umuyobozi Mukuru wa Meta, Mark Zuckerberg, ahuye na Trump mu Ugushyingo 2024.

Trump yari yarareze n’izindi sosiyete nka Twitter na Google ku kuba zaramufungiye konti.

Ikirego cye kuri Twitter yahindutse X yagitanze mu 2021, gusa urwo rubanza ntirwigeze rukomeza mu 2022 nyuma y’uko Elon Musk yari amaze kuyigura.

Meta yo yafunguye konti za Trump mu 2023 ariko imushyiriraho amabwiriza akomeye kugira ngo atazongera kuvugiraho ibihabanye n’amabwiriza agenga imbuga zayo.

Umwaka ushize, televiziyo ya ABC News nayo yemeye kwishyura Trump miliyoni 15$ binyuze mu bwumvikane bwo kurangiza urubanza yari yayirezemo ku cyaha cyo kumusebya. Ayo mafaranga nayo yashyizwe muri ‘Trump Presidential Library’.

Ikigo cya Meta cyemeye kwishyura Perezida Donald Trump miliyoni 25 z’Amadorali ya Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages