00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza yagaye abavuga ko Joe Biden ashaje, adakwiriye kuyobora

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 12 July 2024 saa 01:26
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Kair Starmer, yanenze abatabona imiyoborere myiza ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, avuga ko we ayishima.

Yabivuze nyuma y’inama yabaye ku wa Gatatu tariki 10 Nyakanga 2024, yahuje abanyamuryango ba NATO yari iyobowe na Biden bari kwiga ku bibazo bya Ukraine na Gaza.

Ibi yabivuze mu kiganiro yagiranye na BBC abajijwe niba abona ko Biden akwiriye gukomeza kuyobora kandi yaramaze kugaragaza ibibazo byo kwitiranya ibintu, aho yanitiranyije Perezida wa Ukraine na Perezida w’u Burusiya.

Starmer mu gusubiza yagize ati “twagashimiye Biden ko yayoboye inama neza, ejo twagize inama nziza yayobowe na Biden kandi yayiboye neza kuko ibibazo byose twagombaga kwigaho nubwo byari byinshi twabyizeho mu saha imwe.”

Kuva mu kwezi gushize ubwo Biden na Trump bari mu biganiro mpaka, Biden yagaragaje ibibazo byo gusaza yitiranya ibintu, bamwe mu bagize ishyaka ry’aba-Democrate bifuje ko yareka guhatana ariko Biden we yavuze ko azakomeza kwiyamamaza.

Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Kair Starmer, yagaye abavuga ko Joe Biden ashaje adakwiriye kuyobora

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages