00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa yanenze ubwumvikane EU yagiranye na Amerika

Yanditswe na Manzi Sabin
Kuya 28 July 2025 saa 09:28
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, François Bayrou, yanenze ubwumvikane umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wagiranye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, avuga ko bwateye umwijima ku mugabane wabo.

EU yari ihagarariwe na Perezida wa Komisiyo yayo, Ursula von der Leyen, na Amerika yari ihagarariwe na Donald Trump, byumvikanye kugirana amasezerano y’ubucuruzi agamije kugabanya ubusumbane mu bicuruzwa byoherezwa ku ruhande rumwe n’urundi.

Hashingiwe ku bwumvikane bw’impande zombi, EU bwemeye kugura ingufu zitunganywa na Amerika zifite agaciro ka miliyari 750 z’Amadolari mu gihe cy’imyaka itatu, no gushora imari ya miliyari 600 z’Amadolari muri Amerika.

Trump yari yarafashe icyemezo cyo kuzamura umusoro w’ibicuruzwa biva mu bihugu bigize EU kugeza kuri 30% mu gihe uyu muryango utakwemera ubwumvikane, ariko kuri ubu yemeye ko uguma kuri 15%.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X kuri uyu wa 28 Nyakanga 2025, Bayrou yagize ati “Ni umunsi w’umwijima ihuriro ry’abantu bigenga, bahujwe n’indangagaciro rusange no kurengera inyungu bahuriyeho, bemera kuba ingaruzwamuheto."

Minisitiri w’Inganda w’u Bufaransa, Marc Ferracci, yavuze ko hakenewe ibindi biganiro byimbitse bishobora kumara ibyumweru cyangwa amezi mbere y’uko amasezerano ashingiye kuri ubu bwumvikane yemezwa burundu.

Bayrou yababajwe n'uko EU yemeye kuba ingaruzwamuheto ya Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages