00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri w’Intebe wa Ecosse yeguye

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 15 February 2023 saa 05:35
Yasuwe :

Nicola Sturgeon wari Minisitiri w’Intebe wa Ecosse, kimwe mu bihugu bigize ubwami bw’u Bwongereza yeguye kuri uyu wa Gatatu nyuma y’imyaka umunani mu nshingano.

Sturgeon yatangaje ko ari umwanzuro yari amaze iminsi atekerezaho, akaba yasanze ari byiza ko arekera ubuyobozi abandi.

Yatorewe kuyobora ishyaka riri ku butegetetsi Scottish National Party (SNP) mu 2014 ubwo icyo gihugu cyakoraga kamarampaka yo gutorera niba baguma ku bwami bw’u Bwongereza cyangwa bavaho. Icyo gihe 55 % by’abatoye bemeje ko bakomeza kuba ku bwami bw’u Bwongereza.

Sturgeon ni umwe mu bamaganye byeruye kwiyomora ku Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi byakozwe n’u Bwongereza mu 2016 ndetse icyo gihe avuga ko bishobora gutuma igihugu cye gisubiramo kamarampaka yo guharanira ubwigenge.

Uyu mugore w’imyaka 53 azakomeza inshingano ze kugeza ubwo umusimbura azabonekera.

Nicola Sturgeon yeguye amaze imyaka umunani ku mwanya wa Minisitiri w'Intebe wa Ecosse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages