00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri w’Intebe wa Suède yasabiye Israel ibihano

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 27 May 2025 saa 11:09
Yasuwe :

Abayobozi batandukanye mu Isi batanze ubutumwa berekana ko batishimira ibitero Israel imaze iminsi igaba mu mujyi wa Gaza aho abarenga 81 bamaze kuhasiga ubuzima mu minsi mike ishize.

Aba bayobozi basabye igihugu cya Israel kwitabira ibiganiro byo guhagarika intambara igihanganisha n’umutwe witwaje intwaro wa Hamas.

Ku wa 26 Gicurasi 2025, Minisitiri w’Intebe wa Suède, Ulf Kristersson, yagaragaje ko atishimiye ibikorwa bya Israel muri Gaza, asaba Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi gufatira ibihano iki gihugu gishinjwa kwanga gutanga inzira y’imfashanyo yoherezwa muri muri Gaza.

Kristersson yatangaje ibi nyuma y’uko ibihugu bitandukanye birimo u Bufaransa, u Bwongereza na Canada byagaragaje ko bigiye gufatira Israel ingamba zikomeye mu gihe yaba ikomeje kubangamira ibikorwa by’ubutabazi.

Gusa Ku wa 2 Werurwe 2025, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko ingabo za Israel zizafunga inzira yanyuzwamo imfashanyo zigamije ubutabazi muri Gaza kugeza igihe Hamas izemerera kubahiriza icyiciro cya kabiri cy’agahenge.

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, aherutse gutangaza ko mu Nteko Rusange ya Loni izaba mu mezi ari imbere igihugu cye kizemera ukubaho kwa Leta ya Palestine.

U Bufaransa buzaza bukurikira ibindi bihugu 10 byemera ukubaho kwa Leta ya Palestine birimo Mexique, Armenia, Slovenia, Ireland, Norvège, Espagne, Bahamas, Trinidad na Tobago, Jamaica na Barbados.

Minisitirii w'Intebe wa Suède yasabye EU gufatira ibihano Israel

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages