00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza yiyambuye ubwenegihugu bwa Amerika

Yanditswe na Cyprien Niyomwungeri
Kuya 9 February 2017 saa 06:54
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza, Boris Johnson, ari ku rutonde rw’abantu 5 411 biyambuye ubwenegihugu bwa Leta zunze Ubumwe za Amerika, USA, mu 2016 nkuko urwasohowe kuri uyu wa Gatatu na Minisiteri ishinzwe imari muri Amerika rwabigaragaje.

Johnson yagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza nyuma yo kuyobora ubukangurambaga bwo kwivana mu muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU, buzwi nka ‘Brexit’, bikageza kuri kamarampaka yo muri Kamena umwaka ushize, yasize abaturage bemeje ko igihugu cyabo kiva muri EU ku majwi 51.9% kuri 48.1% y’abatarabishakaga.

Nkuko Reuters yabitangaje, Johnson yiyambuye ku bushake ubwenegihugu bwa Amerika dore ko yari asanganywe ubwenegihugu bubiri kuko yavukiye i New York.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza, Boris Johnson

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages