Mu mpera za 2019 nibwo u Bushinwa bwatangaje ko bwugarijwe n’icyorezo cya coronavirus kuri ubu kimaze kwica abasaga 4000 mu barenga ibihumbi 113 bacyanduye hirya no hino ku Isi.
Itangazo Nadine Dorries yasohoye kuri uyu wa Kabiri, yemeje ko nyuma yo gusanganwa icyo cyorezo yahise yishyira mu kato.
Ati “Ndemeza ko napimwe bakansagamo coronavirus kandi nahise nishyira mu kato mu rugo iwanjye.”
Ibinyamakuru byo mu Bwongereza byanditse ko mu cyumweru gishize Nadine yahuye n’abantu benshi mu Nteko Ishinga Amategeko ndetse akaba yarahuye na Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu, Boris Johnson.
Minisitiri w’Ubuzima w’u Bwongereza, Matt Hancock yanditse kuri Twitter yihanganisha Nadine ku bisubizo by’ibipimo byagaragaje ko icyo cyorezo cyamufashe. Ati “Yakoze ibintu bikewe byo kwishyira mu kato mu rugo iwe.”
Umubare w’abamaze kwandura iki cyorezo mu Bwongerez gusa umaze kugera kuri 373.
Mu bindi bihugu hafashwe ingamba zikomeye zirimo gushyira abatuye mu gace yibasiye mu kato. Mu Butaliyani abasaga miliyoni 60 babujijwe ibirimo kwitabira ibirori bihuza abantu benshi, kujya mu mashuri n’ibindi.
Kaminuza zo muri Leta ya California zahisemo gutanga amasomo kuri internet mu rwego rwo kwirinda ko abanyeshuri bahurira mu mashuri bakanduzanya iki cyorezo.
Chile yashyize mu kato abantu bose binjira muri icyo gihugu bavuye mu bihugu birimo u Butaliyani na Espagne.



















TANGA IGITEKEREZO