Perezida Sisi yavuze ko muri aka gahenge, Israel yahabwa abaturage bayo bane bashimuswe na Hamas, mu gihe nayo yakwemera gutanga abaturage ba Palestine bafungiye muri gereza zayo.
Biramutse bigenze neza, aka gahenge gashobora kuba intangiriro yo kugaruka ku meza y’ibiganiro ndetse no kurangiza intambara imaze umwaka urenga ica ibintu muri Gaza.
Nubwo Hamas nta kintu iravuga kuri iyi ngingo, uyu mutwe uherutse gutangaza ko utigeze uhindura ibyifuzo byawo mu biganiro ukomeje kugirana na Israel. Ibyifuzo byawo ni uko Ingabo za Israel zahagarika intambara burundu, zikava mu gace ka Gaza zose ndetse zikarekura abarwanyi bayo bafashwe bugwate.
Ku ruhande rwa Israel, biragoye kwemera izi ngingo kuko Minisitiri w’Intebe, Benjamin Netanyahu yamaze kuvuga ko ingabo za Israel zitazongera kwemera ko Gaza ihindurwa indiri y’umutwe nka Hamas ugamije kuyihungabanyiriza umutekano, bigakekwa ko ibi bizagerwaho binyuze mu kwigarurira aka gace no kukagenzura igihe kirekire.
Hagati aho, abayobozi b’inzego z’ubutasi za Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse Israel bahuriye muri Qatar mu rwego rwo kwiga uburyo ibiganiro byo guhagarika intambara byasubukurwa.
Ibi biganiro byari byajemo agatotsi kubera ibyifuzo bya Hamas bigoye, bigakekwa ko urupfu rw’uwari Umuyobozi w’uwo mutwe, Yahya Sanwar uherutse kwicirwa i Gaza, rushobora gutuma uyu mutwe ugabanya ibyifuzo byayo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!