00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muri Leta ya Arkansas, umuntu wa kane yahawe igihano cy’urupfu mu cyumweru kimwe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 April 2017 saa 09:36
Yasuwe :

Muri Leta ya Arkansas muri Amerika, umuntu wa kane mu cyumweru kimwe yahawe igihano cy’urupfu mu buryo butababaza umubiri.

Uyu wahawe iki gihano yitwa Kenneth Williams, w’imyaka 38, yishwe nyuma yaho ahamijwe ibyaha by’ubwicanyi aho yishe abantu babiri ubwo yageragezaga gutoroka gereza.

Saa tanu n’iminota itanu z’ijoro muri Amerika (04:05 GMT kuri uyu wa Gatanu) nibwo byatangajwe ko Williams apfuye nyuma yo kwicwa.

Kuwa Kane w’icyumweru gishize, nibwo umuntu wa mbere yishwe muri iyi leta, Uyu yari uwitwa Ledell Lee. Nyuma abandi babiri nabo barishwe kuwa Mbere w’iki cyumweru. Abo ni Jack Jones na Marcel Williams.

Ibi byatumye Leta ya Arkansas, imwe mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika, iba iya mbere itanze igihano cy’urupfu ku bantu babiri umunsi umwe nyuma y’imyaka 17.

Bishwe hakoreshejwe uburyo buzwi nka Lethal injection, aho baterwa uruvange rw’imiti ituma bapfa mu gihe gito kandi batabanje kumva ububabare.

Abanyamakuru batandukanye bari aho iki gikorwa cyabereye, bahamije ko uburyo byakozwemo nta bubabare bwagaraga.

Inkuru bifitanye isano: Leta ya Arkansas yatanze igihano cy’urupfu mu buryo butababaza abagihawe

Kenneth Williams yahawe igihano cy'urupfu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages