00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musk agiye gutera indi ntambwe imugeza kuri miliyari 1000$

Yanditswe na Berrick Munyeshyaka
Kuya 21 May 2026 saa 01:32
Yasuwe :

SpaceX yatangaje ko igiye gushyira imigabane ku isoko aho buri wese ashobora kuyigura, ibihesha amahirwe Elon Musk usanzwe ufite imigabane myinshi muri iki kigo, kuba umuntu wa mbere utunze miliyari 1000$.

SpaceX ikora ibyogajuru, ikagira ishami ricuruza internet ya Starlink, ikanabarizwamo ikigo cy’ubwenge buhangano cyitwa xAI.

Biteganyijwe ko gushyira imigabane ku isoko bizatangira mu kwezi gutaha ndetse bikazaba igikorwa kinini mu mateka y’isoko ry’imari n’imigabane.

SpaceX ivuga ko ifite agaciro ka miliyari 12.500$, Elon Musk ni we uyifitemo imigabane myinshi ibarirwa agaciro karenga miliyari 600 $.

Usibye kuba afite agahigo ko kuba utunze amafaranga menshi ku Isi, bizamuhesha amahirwe y’uko ashobora gutunga miliyari 1000$.

Umwaka ushize, Musk yaciye agahigo ko kuba umuntu wa mbere wari utunze arenga miliyari 500 $. Forbes ivuga ko uyu mugabo abarirwa ubutunzi bwa miliyari 839$.

Musk agiye gutera indi ntambwe imugeza kuri miliyari 1000$

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages