Byatangajwe n’Urwego rwa Nepal ruhinzwe iby’Indege za Gisivili, ku wa 11 Gicurasi 2026, rugaragaza ko abari mu ndege bahise bahabwa ubutabazi bwihuse.
Iyi ndege ya Airbus A330 yari itwaye abagenzi 277 ndetse n’abakozi bo mu ndege 11 bose bakuwe muri iyo ndege amahoro.
Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri Turkish Airlines, Yahya Ustun, yavuze ko uwo mwotsi wari watewe n’amatiyo ajyana amavuta mu bice bitandukanye by’indege yagize ikibazo.
Ati “Itsinda ryacu rigizwe n’abashinzwe kureba ibibazo indege yagize ryayisuzumye rigaragaza ko uwo mwotsi waturutse ku kudakora neza kw’amatiyo ajyana amavuta mu bice bitandukanye.”
Ikibuga cy’indege cyaje kongera gufungurwa ndetse abagenzi bashakirwa indi ndege ibajyana aho berekezaga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!