Kuva ku wa 2 Werurwe 2026, Israel na Liban byatanye mu mitwe nyuma y’uko Hezbollah yagabye ibitero kuri Israel ivuga ko iri guhorera Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ali Khamenei wishwe na Israel na Amerika.
Israel yahise yinjira mu ntambara yo guhiga uyu mutwe n’abawugize ikoresheje ibitero byo mu kirere no kubutaka.
Ingabo za Israel zinjiye mu majyepfo ya Iran ndetse zigenzura bimwe mu bice by’iki gihugu biri ku mupaka wayo.
Netanyahu wavuze ko abakirisitu bo muri iki gice basabye Israel ubufasha, yakomeje ati “Bamwe mu bakirisitu bo muri Liban basabye ko ibice babamo byakomekwa kuri Israel kuko tubarinda Hezbollah. Hezbollah ishaka kubica ndetse [kurinda] abakirisitu tubikora hose.”
Nubwo avuga ibi kuva intambara yatangira, abakirisitu mu majyepfo ya Liban bahuye n’ibibazo by’amasasu aturuka ku ngabo za Israel.
Bose bagumye kuba mu byabo nubwo Israel yategetse ko bava aho ngaho, ariko benshi banga guta ingo n’ubutaka bwabo.
Icyakora ingabo za Israel zasabye aba bakirisitu kudacumbikira abanyamahanga, zivuga abarwanyi ba Hezbollah
Netanyahu yashimangiye ko bazakomeza kugaragara mu majyepfo ya Liban mu buryo bwo kurinda abaturage ba Israel batuye mu mujyarugugu y’igihugu n’abaturage babo muri rusange.
Kuva Israel yagaba ibitero kuri Hezbollah, hamaze gupfa abantu barenga 4.300 mu gihe abandi barenga ibihumbi 12 bakomeretse.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!