Perezida Biden kuri uyu wa Gatatu yavuze ko Amerika ishobora guhagarika intwaro yari yateguye koherereza Israel, icyo gihugu nikiramuka kigabye ibitero ku mujyi wa Rafah uri mu Majyepfo ya Gaza.
Ni umujyi wahungiyemo abaturage benshi mu ntambara imaze amezi arindwi, ibintu byateje impungenge ko Israel niramuka ihagabye ibitero abaturage bazicwa bashobora kuba benshi.
Kuri uyu wa Kane Netanyahu yashyize amashusho ku mbuga nkoranyambaga, aho agaragara avuga ko nibiba ngombwa Israel izirwanaho yonyine.
Ati “Nibiba ngombwa ko dusigara twenyine, tuzabikora. Nibiba ngombwa kandi, tuzarwanisha inzaara zacu gusa nzi ko dufite ibirenze inzaara.”
Nubwo Israel iri ku gitutu cy’amahanga ngo idakomeza imirwano muri Rafah, amakuru avuga ko nta kabuza ingabo za Israel zizakomeza imirwano.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel, Daniel Hagari yavuze ko ingabo ze zifite intwaro zihagije zo kugaba icyo gitero.
Israel ivuga ko Rafah ariyo ndiri y’abarwanyi ba Hamas isigaye, bityo ko hagomba kugabwa ibitero kugeza babarimbuye bagashira.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!