Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Umutekano, Laurent Nunez, kuri uyu wa Gatatu, wavuze ko Sarkozy azafungirwa mu gice kihariye gitandukanye n’ahafungirwa abandi, bivuze ko atazakorana cyangwa ngo ahure n’abandi bafungwa.
Yabwiye radiyo Europe 1 ko abapolisi babiri bagize umutwe ushinzwe kurinda abahoze ari abakuru b’igihugu bazajya baba mu byumba byegeranye n’aho Sarkozy afungiwe, bakahamarara igihe cyose azaba akiri muri gereza.
Yagize ati “Uwahoze ari Perezida wa Repubulika afite uburenganzira bwo kurindwa kubera icyubahiro cye...kandi ubwo burinzi buzakomeza n’igihe azaba afunze.”
Icyumba cya Sarkozy kizashyirwa muri zone yihariye ya gereza La Santé aho abafungwa bashyirwa mu byumba byabo ku giti cyabo kandi ntibahure n’abandi mu mu bikorwa ibyo ari byo byose.
Icyemezo cyo gushyira abapolisi muri gereza cyateje impaka, aho imiryango y’abacungagereza yakoze imyigaragambyo ivuga ko abakozi ba gereza bafite ubushobozi bwo kurinda abafungwa ko polisi itari ngombwa muri gereza.
Ku wa Kabiri ni bwo Sarkozy yatangiye kurangiza igifungo cy’imyaka itanu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kugambana mu gukusanya inkunga y’amatora yaturukaga muri Libya. Yageze muri gereza ya La Santé i Paris, ibintu byafashwe nk’ibidasanzwe kuko abaye uwigeze kuba perezida wa mbere ugiye gufungwa. Yayoboye u bufaransa kuva mu 2007 kugeza mu 2012.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!