00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ntibikiri ngombwa ko uwiyamamariza kuba perezida muri Kenya aba yararangije kaminuza

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 August 2026 saa 07:08
Yasuwe :

Kenya yakuyeho ibyo gusaba umuntu ushaka kwiyamamariza kuba Perezida, Guverineri cyangwa kuba mu Nteko Ishinga Amategeko, kuba afite impamyabumenyi ya kaminuza mu matora ateganyijwe 2027.

Izi mpinduka zatumye Abanya-Kenya bagera kuri 96.5%, bemererwa guhatanira imyanya ikomeye ya politiki.

Iki cyemezo cya Kenya gihuye n’imikorere y’ibindi bihugu bya Afurika nku Rwanda Nigeria, Ghana, Afurika y’Epfo, Uganda n’ibindi, bidasaba ibi byangombwa.

Izi mpinduka zishobora kongera cyane umubare w’abashobora kwiyamamaza mu gihugu aho abagera kuri 3.5% gusa by’abaturage ari bo bari bafite impamyabumenyi za kaminuza mu gihe cy’ibarura ry’abaturage ryo mu 2019, nk’uko Komiseri wa IEBC, Ann Nderitu, yabitangaje.

Nderitu yavuze ko izi ntambamyi zatumaga hafi 96.5% by’Abanya-Kenya batabona amahirwe yo guhatanira umwanya wa Perezida, Guverineri cyangwa imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko, ibintu byatezaga impungenge z’ihezwa n’uburinganire mu kugira uruhare muri politiki.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages