00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyirantarengwa ya Trump kuri Hamas irabura amasaha make!

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 5 October 2025 saa 10:16
Yasuwe :

Harabura amasaha make ngo nyirantarengwa Donald Trump yahaye Hamas igere. Yavuze ko uyu mutwe ugomba kuba wemeye ingingo ziganisha ku mahoro, bitarenze kuri iki Cyumweru tariki 5 Ukwakira ku masaha y’umugoroba.

Gahunda ya Trump isaba ko Hamas ihagarika imirwano, ikarekura imbohe z’Abanya-Israel yafashe, bikajyana no kuba Ingabo za Israel zava muri Gaza kandi na Hamas ikarambika hasi intwaro.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko yizeye ko abafashwe bazasubizwa imiryango yabo mu minsi iri imbere.

Hagati aho, Intumwa ya Donald Trump mu Burasirazuba bwo Hagati, Steve Witkoff, hamwe n’umukwe wa Trump, Jared Kushner, bagiye mu Misiri kugira ngo basoze ibiganiro ku bijyanye no kurekura imbohe.

Perezida wa Amerika yari yahaye Hamas igihe cy’iminsi “itatu cyangwa ine” ku wa Kabiri, hanyuma ku wa Gatanu avuga ko igihe ntarengwa ari ku Cyumweru saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18:00) ku isaha ya Washington.

Ati “Nibitubahirizwa, akaga katabaho kazagwira umutwe wa Hamas”.

Trump akomeje kotsa igitutu umutwe wa Hamas kugira ngo intambara yo muri Israel ihagarare

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages