00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

OpenAI yakoze ‘ChatGPT’ igiye gufasha igisirikare cya Amerika, yahawe miliyoni 200$

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 18 June 2025 saa 04:36
Yasuwe :

Soyiyete ikomeye cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu by’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano (AI), OpenAI, yasinyanye amasezerano na Minisiteri y’Ingabo za Amerika (Pentagon) afite agaciro ka miliyoni 200 z’Amadorali ya Amerika, agamije gukora porogaramu nshya za AI zizafasha mu kurinda umutekano w’igihugu.

Aya masezerano avuga ko OpenAI izakora ndetse ikageregeza porogaramu zifasha mu kurwanya ibibazo bikomeye by’umutekano w’igihugu haba mu bikorwa bya gisirikare no mu bindi bikorwa bisanzwe bya Leta.

Biteganyijwe ko aya masezerano azarangira muri Nyakanga 2026, ibikorwa byose bikazabera mu Mujyi i Washington D.C.

OpenAI yavuze ko aya masezeraho azafasha Amerika gukomeza guhangana n’u Bushinwa mu by’ikoranabuhanga, dore ko ibi bihugu byombi bidahwema kugaragaza ko bifite inyota yo kuyobora muri uru rwego.

Nubwo aya ari yo masezerano ya mbere OpenAI itangaje ku mugaragaro igiranye na Pentagon, si bwo bwa mbere bikoranye.

Mu Ukuboza kwa 2024, OpenAI yifatanyije n’uruganda rwa Anduril Industries rukora ibikoresho bya gisirikare, mu gukora porogaramu zifasha mu kurwanya utudege duto tudakenera abapilote (drones) dushobora gutera Amerika.

Icyo gihe, iyo sosiyete yavuze ko izo porogaramu zizafasha mu gukusanya amakuru yihuse ndetse bikorohereza abasirikare akazi.

Muri Mutarama uyu mwaka, Umuyobozi wa OpenAI, Sam Altman, yifatanyije na Perezida Donald Trump n’abandi bayobozi ba sosiyete zo muri Silicon Valley mu gutangiza umushinga ufite agaciro ka miliyari 500 z’Amadorali ya Amerika, ugamije kubaka ibikorwaremezo bya mudasobwa za rutura zizakoreshwa mu guteza imbere AI muri Amerika.

Muri uko kwezi kandi OpenAI yakoze ChatGPT idasanzwe ikoreshwa na Leta ya Amerika, ifite uburyo bwihariye bwo gukingira no gucunga umutekano w’amakuru y’ibikorwa bya Leta, ikoresheje seriveri za Microsoft Azure.

OpenAI yasinyanye amasezerano ya miliyoni 200$ na Pentagon

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages