00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Pakistan: Abasaga 20 baguye mu gitero cyagabwe muri Kaminuza

Yanditswe na

Mukaneza M.Ange

Kuya 20 January 2016 saa 12:09
Yasuwe :

Abantu basaga 20 bapfuye abandi 50 barakomereka mu gitero cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro muri kaminuza ya Bacha Khan mu Majyaruguru y’Iburengerazuba bwa Pakistan, kuri uyu wa 20 Mutarama.

Iki gitero cyabaye ubwo Kaminuza yari yakiriye igikorwa kijyanye n’ibisigo, umuhango wari witabiriwe n’abashyitsi basaga 600.

Umuyobozi w’Akarere ka Charsadda iyi kaminuza iherereyemo yabwiye itangazamakuru ko abasaga 50 bakomerekeye muri iki gitero mu gihe kugeza ubu abapfuye ari 20, imibare ariko ishobora kwiyongera.

Umwe mu bayobozi ba polisi, Saeed Wazir yavuze ko benshi mu banyeshuri batabawe ndetse ko bamwe mu bagabye igitero bamaze kwicamo babiri, mu gihe inzego z’umutekano zikomeje guhiga bukware abicanyi bihishe mu nyubako za kaminuza.

Ikinyamakuru Russia Today dukesha iyi nkuru yavuze ko iyi kaminuza ishobora kuba yibasiwe n’iki gitero kubera ko itariki ya 20 Mutarama aribwo impirimbanyi y’amahoro, Khan Abdul Ghaffar Khan witiriwe iyi kaminuza yapfuye.

Si ubwa mbere abantu bitwaje intwaro bagaba igitero ku ishuri muri Pakistan, kuko no mu Ukuboza 2014, Abatalibani bagabye igitero ku ishuri ryigagamo abana b’abayobozi b’abasirikare bicamo 148 biganjemo abana. Kaminuza ya Bacha Khan yigamo abanyeshuri 3000.

Inkomere zagejejwe kwa muganga
Kuri kaminuza abasaga 20 bahaburiye ubuzima
Prof Syed Hamid Husain, umuhanga mu bijyanye n'ubutabire ( PhD in Organic Chemistry) nawe yishwe muri icyo gitero.
Inzego zishinzwe umutekano zikomeje gushakisha abicanyi bihishe mu nyubako za kaminuza

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages