00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Papa Francis yabazwe amara

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 8 June 2023 saa 06:38
Yasuwe :

Papa Francis yabazwe mu nda nyuma y’iminsi aribwa, nk’uko itangazo ryaturutse i Vatican kuri uyu wa Gatatu ryabitangaje.

Iki gikorwa cyo kubaga Papa Francis cyamaze amasaha atatu ndetse ngo nta bibazo byabayemo kuko cyagenze neza.

Itangazo ryavuze ko Papa Francis yabazwe atababara kuko yari yatewe ikinya kandi ko na nyuma y’aho yaje gukanguka akavugana n’abaganga.

Nubwo akiri mu bitaro, ubwo yari amaze kubagwa Papa Francis yahise akomeza akazi.

Biteganyijwe ko azamara iminsi icumi mu bitaro kugira ngo akomeze kwitabwaho nk’uko abaganga be babitangaje.

Muri Werurwe uyu mwaka nabwo Papa Francis w’imyaka 86 yajyanywe mu bitaro kubera indwara z’ubuhumekero.

Papa Francis yari amaze iminsi aribwa mu mara ari nayo yabazwe kugira ngo uburibwe bugabanyuke.

Mu myaka ibiri ishize nabwo Papa yabazwe amara, mbere y’aho akiri umusore akaba yarigeze kubagwa agakurwamo igihaha kubera umusonga w’igikatu.

Papa kandi amaze igihe arwaye umugongo, watumye ajya mu bitaro mu 2019, aho na nyuma y’aho byamugizeho ingaruka kuko bituma agenda yitwaje inkoni cyangwa ari mu igare ry’abafite ubumuga.

Papa Francis ari mu bitaro aho yabazwe amara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages