Ibi yabigarutseho ubwo yatangaga ubutumwa ku munsi wa Noheli ya mbere yizihijwe Papa Léon XIV atorewe kuyobora Kiliziya Gatolika ku Isi, aho yagaragaje ko ahangayikishijwe n’imibereho y’Abanya-Palestine batuye muri Gaza.
Intambara hagati ya Israel n’umutwe wa Hamas yatangiye ku wa 7 Ukwakira 2023, ubwo uyu mutwe wagabaga ibitero kuri iki gihugu mu buryo butunguranye, ukica abarenga 1200 abandi 240 ukabatwara nk’imbohe.
Kuva iyo ntambara yatangira abarenga ibihumbi 70 b’Abanya-Palestine bamaze kwicwa n’ibitero bya Israel nk’uko umutwe wa Hamas ubitangaza.
Ubwo yabwiraga ibihumbi by’abakirisitu bateraniye ku mbuka ya Bazilika Mutagatifu Petero i Vatican, yavuze ko abantu bakwiriye kwigira ku nkuru y’Imana yahisemo kwiyoroshya ikemera kuvukira mu kiraro.
Ati “Ni gute tudakwiriye gutekereza uburyo amahema yo muri Gaza arangaye mu gihe cy’ibyumweru byinshi abantu barimo bibasirwa n’imvura nyinshi, umuyaga ndetse n’ubukonje.”
Muri iyi Misa, Papa Léon XIV yashimiye ndetse aha n’umugisha abantu bita ku mpunzi zo ku mpande zose zo ku Isi.
Papa Léon XIV ibindi bihugu biri mu ntambara n’ibirimo umutekano muke n’ibibazo bya Politiki birimo Ukraine, Sudan, Mali, Myanmar, Thailand na Cambodia hamwe n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!