Abagabo babiri barashe abantu banyuraga hafi y’ahakorera ikinyamakuru Charlie Hebdo mu Murwa mukuru w’u Bufaransa, Paris, bica abantu 12 barimo abapolisi babiri n’abanyamakuru batatu, abandi bagera kuri barindwi barakomereka ariko inzego zishinzwe umutekano zivuga ko iyi mibare ishobora kwiyongera.
Aba bicanyi bakoresheje imbunda ya Kalachnikov ndetse na Lance roquette, nyuma yo gukora aya mahano bahise bahunga bakoresheje imodoka bibye hafi aho.
Charlie Hebdo ni igitangazamakuru kizwi cyane mu Bufaransa, cyandika cyane ku nkuru zicukumbuye ku bavangura amoko, ku madini, politiki, umuco n’ibindi, kikaba gikunze gutanga ubutumwa gikoresheje ibishushanyo biherekejwe n’amagambo ajora ibitagenda neza.
Umutangabuhamya witwa Michel Golndenberg utuye hafi aho yagize ati “Numvise urufaya rw’amasasu, abarasaga bari bambaye imyenda y’umukara ituma batagaragaza amaso yabo, nyuma mbona binjiye mu modoka bibye aho hafi baragiye n’intwaro zabo, hari nko mu ma saa tanu n’igice z’amanywa.”
Ubu serivise zishinzwe umutekano w’igihugu zirimo zirashakisha aho abakoze ayo mahano barengeye.
Perezida w’u Bufaransa Francois Hollande, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru aje kureba aho byabereye yavuze ko inzego z’umutekano zigiye gukaza umurego kurusha uko byari bimeze ndetse apolisi n’abasirikare bakaba biganje ahantu hose hahurira abantu benshi nk’ahategerwa imodoka n’ahandi…
Ntawe urigamba iki gitero ariko harakekwa intagondwa z’Abayisilamu zishamikiye kuri leta ya Kiyisilamu (ISIS), kuko mu Kwakira 2014, iki Kinyamakuru cyari cysohoye inyandiko ishushanyije kigaragaza ko izi ntagondwa zikora ubugizi bwa nabi mu izina ry’Intumwa y’Imana Muhamed.
Abanayamakuru 3 bashushanyirizaga Charlie Hebdo; Cabu, Charb na Wolinski bari mu bishwe.



















TANGA IGITEKEREZO