Nk’uko ibiro ntaramakuru Associated Press byabitangaje, izi mbabazi zirareba abatuye muri Amerika n’abafite uruhushya rwa burundu rwo kuhatura; baba abafunzwe n’abatarafungwa.
Hashingiwe kuri izi mbabazi, abababariwe barasabwa kujya gusaba icyemezo mu nzego z’ubutabera kugira ngo bacyifashije basaba serivisi zitandukanye batari bemerewe guhabwa.
Tariki ya 6 Ukwakira 2022, Biden yari yatangaje ko nta muntu ukwiye gufungwa azira gukoresha cyangwa gutunga urumogi, mu gihe abakoresha Heroïne biri mu cyiciro kimwe bo bidegembya.
Ati “Nta muntu ukwiye gufungwa azira gukoresha cyangwa gutunga Marijuana. Uyu munsi nteye intambwe yo guhagarika gahunda yacu itaratanze umusaruro.”
Yasobanuye ko hari abantu babarirwa mu bihugu badahabwa serivisi z’ingenzi bazira iki kiyobyabwenge.
Ati “Hari ibihumbi by’abantu bahamijwe ibyaha byo gutunga [urumogi] bashobora kuba barimwe akazi, uburenganzira bwo gutura cyangwa ubwo kwiga. Imbabazi zanjye zirakuraho uyu mutwaro.”
Imbabazi Biden yatanze ntabwo zireba abahamijwe, abakurikiranwaho n’abazakurikiranwaho icyaha cyo gucuruza no gukwirakwiza urumogi kuko cyo kiracyari ku rutonde rw’ibihanwa n’itegeko ry’igihugu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!