Ibiro bishinzwe ingengo y’imari mu biro bya Perezida wa Amerika kuri uyu wa Kabiri byatangaje ko uwo mushinga w’itegeko ku nkunga ya Israel watowe n’abadepite biganjemo abo mu ishyaka ry’aba-républicains bakirengagiza ubufasha Amerika igomba Ukraine.
Ku wa Mbere ni bwo abadepite bo mu ishyaka ry’aba-républicains batanze umushinga w’itegeko wa miliyari 14 z’amadolari yo gufasha Israel iri mu ntambara na Hamas.
Biden yanze kurisinya kubera ko hatarimo n’inkunga kuri Ukraine, icyakora hanagaragazwa ko gukomeza guha inkunga ya gisirikare Israel bishobora gushyira akarere k’Uburasirazuba bwo Hagati mu muyonga.
Mu minsi ishize mu Nteko ya Amerika baherutse kunanirwa kumvikana ku mushinga wo guha indi nkunga Ukraine kuko hari ababona itagikenewe dore ko iyo bamaze kuyiha yose nta musaruro ugaragara yatanze.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!