00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Erdogan yaciye amarenga ko Turikiya ishobora kwinjira mu ntambara ya Israel na Hamas

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 29 July 2024 saa 10:04
Yasuwe :

Perezida wa Turikiya, Recep Tayyip Erdogan, yatanze umuburo kuri Israel avuga nibiba ngombwa igihugu cye gishobora kwinjira mu ntambara ya Israel n’umutwe wa Hamas mu gihe Israel idahagaritse iyi ntambara yatangiye mu Ukwakira 2023.

Ibi yabitangaje ku wa 28 Nyakanga 2024 mu nama yamuhuje n’abanyamuryango b’ishyaka rye riharanira ubutabera n’iterambere.

Erdogan yagize ati “Tugomba gukomera ku buryo Israel itakomeza kugaba ibitero muri Palestine, nk’uko twinjiye muri Karabakh cyangwa muri Libya ni na ko tugomba kubigenza kuri Palestine ntacyo tutakora kugira ngo intambara ihagarare.”

Mu 2020, Turikiya iyobowe na Erdogan, yahaye ubufasha bwa gisirikare igihugu cya Azerbaijan mu ntambara yamaze iminsi 44 yatewe n’ukutumvikana ku butaka hagati ya Armenia n’agace ka Artsakh cyangwa se Repubulika ya Nagorno-Karabakh.

Ingabo za Turikiya ntizivanzemo mu buryo butaziguye, ahubwo zatanze ubufasha burimo kohereza abarwanyi b’Abarabu baturutse muri Syria ndetse no gutanga indege zitagira abapilote (drones).

Mu 2020, Turikiya yemeje itegeko rimara umwaka ryo kohereza ingabo muri Libya mu rwego rwo gushyigikira guverinoma ya Libya yemewe n’Umuryango w’Abibumbye, ubwo yari mu ntambara y’abenegihugu.

Erdogan avuga ko ari na ko bagomba kubigenza kuri Palestine kugira ngo intambare ihagarare.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages