00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Jinping yijeje Trump kudatera Taiwan mu gihe akiyoboye Amerika

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 17 August 2025 saa 04:44
Yasuwe :

Donald Trump yavuze ko mugenzi we w’u Bushinwa, Xi Jinping, yamusezeranyije ko atazigera atera Taiwan mu gihe akiyoboye Amerika.

Ibi Trump yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Fox News mbere y’ikiganiro yagombaga kugirana na Vladimir Putin.

Trump yagize ati “Ikibazo cy’u Bushinwa na Taiwan kimeze nk’ibindi biri ku Isi by’intambara, ariko nizera ko u Bushinwa butazigera butera Taiwan mu gihe nkiri ku butegetsi. Ibyo nabyibwiriwe na Perezida Jinping, yarabinsezeranije.”

Trump na Jinping bavuganye kuri telefone bwa mbere kuri manda ya kabiri y’uyu muyobozi wa Amerika muri Kamena 2025. Muri Mata 2025 kandi Trump yavuze ko Jinping yamuhangafaye bakaganira.

U Bushinwa bukunze kugaragaza ko Taiwan ari ubutaka bwabwo ndetse ko rimwe nibiba ngombwa buzayiyomekaho, icyakora Taiwan ikabyamaganira kure.

Nubwo Amerika idashyigikira ko Taiwan yigenga ariko ntinemera ko u Bushinwa buhindura imiyoborere yayo ku ngufu.

Taiwan, ni ikirwa giherereye muri bilometero 160 uvuye ku nkombe z’u Bushinwa ahagana mu majyepfo ashyira uburasirazuba.

Mbere ya 1949 ibi bice byombi byari igihugu kimwe, Taiwan ifatwa nk’intara y’u Bushinwa.

Mbere yo gucikamo ibice, mu Bushinwa hadutse intambara ya gisivile yahanganishije Aba-Communiste bari bayobowe na Mao Zedong n’abandi batemeraga amahame y’iri shyaka.

Uku kutumvikana kwateje intambara birangira Aba-Communiste bigaruriye Beijing mu 1949.

Abari mu Ishyaka ry’Aba-nationaliste bayobowe na Chiang Kai-shek bahise bahungira muri Taiwan ndetse bamara imyaka myinshi bayoboye iki kirwa.

Ikibazo cya Taiwan n’u Bushinwa ni kimwe mu bikunze kugarukwaho cyane muri politike mpuzamahanga, ndetse gisa n’icyatanyije bimwe mu bihugu byo ku Isi.

Donald Trump (ibumoso) na mugenzi we w'u Bushinwa, Xi Jinping, mu 2019 bahuriye i Osaka mu Buyapani mu nama ya G20

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages