Umwe mu bayobozi muri Perezidanse ya Amerika yatangaje ko iki gikorwa cyahagaritswe kuri uyu wa mbere ku mpamvu bwite, mu gihe Dhanani yari aherutse kwemezwa na Sena nka Ambasaderi wa mbere muri Somalia kuva mu mwaka wa 1991 nkuko AFP ibitangaza.
Abanyamerika baheruka muri Somalia mu 1993, ubwo abasirikare babo bahicirwaga.
Icyo gihe bari binjiye muri Somalia mu bikorwa byo kugarura amahoro, barwanya inyeshyamba zicaga abakozi b’ Umuryango w’ Abibumbye zafashaga abazahajwe n’ intambara, birangira inyeshyamba zishe abasirikare ba Amerika 18, abarenga 80 barakomereka.
Somalia ikomeje kwibasirwa n’intambara, gusa Umunyamabanga wa Leta muri ushinzwe ububanyi n’ amahanga muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, John Kerry aherutse kugirira uruzinduko muri iki gihugu hagamijwe gushakira hamwe uburyo umutekano wagaruka muri iki gihugu kimaze kuba iciro ry’imigani.



















TANGA IGITEKEREZO