Ibi Perezida Vladimir Putin yabivuze ubwo yaganiraga n’itangazamakuru nyuma gato y’amatora ubwo amajwi y’agateganyo yagaragaza ko yatowe ku ijanisha rya 87%.
Yagize ati “Isi yose iri guha urw’amenyo ibiri kubera muri Amerika. Turi kwitwara neza kurusha abatavuga rumwe na Amerika bo mu bindi bihugu. Ariko ibyo ni nk’ibiza ntabwo ari demokarasi, ibyo ni ko biri.”
Ikinyamamakuru RT cyanditse ko umukandida Perezida Putin yavugaga Amerika iri kubuza uburyo ari Donald Trump umaze agihe ahanganye n’ibibazo mu nkiko, mu gihe nyamara yamaze kwemezwa n’abo mu ishyaka rye ry’Aba- républicains nk’uzarihagararira mu matora azaba mu Ugushyingo uyu mwaka.
Perezida Putin yavuze ko ari ibintu bigaragarira Isi yose ko ubu Amerika itavuga ko ari umwarimu wa demokarasi, gusa ashimangira ko u Burusiya butivanga mu matora yo mu mahanga, bityo ko bwo bwiteguye kuzakorana n’uwo ari we wese Abanyamerika bazatorera kubabera perezida mu matora ataha.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!