Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kane ubwo we n’umugore we Melania Trump basozaga uruzinduko rw’akazi bagiriye mu Bufaransa.
Perezida Donald Trump yagaragaye asuhuzanya na Brigitte Macron amubwira ko ateye neza, ahita anahindukira ahamiriza umugabo we Macron ati ‘Ni mwiza’.
Ni amashusho yashyizwe ku rukuta rwa Facebook rwa Guverinoma y’u Bufaransa, aho Trump yumvikana agira ati “Ufite imiterere myiza.”(Yabwiraga Brigitte).
Ibinyamakuru byanditse ko Perezida Trump yongeye gukora ibidasanzwe abwira umugore w’Umukuru w’Igihugu mugenzi we ko ari mwiza ibintu byafashwe na bamwe nko kurengera.
Umwe mu bagize icyo bavuga ku mbuga nkoranyambaga witwa Matthew Gellert yagize ati “Niba asuhuza umugore kuriya mu buryo bw’akazi yakagombye gutangirwa raporo.”
Undi yagize ati “Mana yanjye, tekereza ibintu byose yavuze bitagaragara kuri camera.”
Ntabwo biratangazwa uburyo Perezida Macron na Brigitte babyakiriye kuko ntacyo bigeze babitangazaho.
Ibyo Perezida Trump yavuze byafashwe nk’ubuhehesi kuko no mu kwezi gushize yabwiye umunyamakuru Caitríona Perry ko aseka neza.
Perezida Trump w’imyaka 71 arusha imyaka 24 umugore we Melania naho Brigitte yabwiraga ko ari mwiza akaba afite imyaka 64 akaba arusha 25 umugabo we Macron.



















TANGA IGITEKEREZO