Abaganga bemeje ko Lula w’imyaka 79, yasuzumwe bagasanga arwaye “labyrinthitis”, indwara ituruka ku kubyimba kw’igice cy’imbere mu gutwi gifasha mu bijyanye no kumva.
Itangazo ryasohowe n’ibitaro bya Sirio-Libanes, rivuga ko Perezida Lula yakorewe isuzuma ryifashisha amashusho ndetse n’ibizamini by’amaraso, ariko ibisubizo bikagaragaza ko nta kibazo gikomeye afite.
Ubu burwayi bwaje busanga ibindi bibazo by’ubuzima Perezida Lula amaze iminsi ahanganye na byo, bukomeje gutera impungenge abakunzi be cyane cyane muri ibi bihe yitegura kwiyamamariza manda ya kabiri mu matora azaba mu mwaka utaha.
Ikibazo cyaheruka kugarukwaho cyane ni ubwo yagwaga mu bwogero bw’aho aba muri Brasília ku wa 19 Ukwakira 2024
Nyuma y’amezi abiri na bwo Lula yajyanywe mu bitaro biherereye mu Mujyi wa São Paulo kugira ngo abagwe kubera kuva amaraso mu mutwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!