Mu cyumweru gishize, Puidgemont n’abagize Guverinoma ye batangaje ubwigenge bwa Catalonia. Urukiko rurengera itegeko nshinga rwa Espagne rwahise rutesha agaciro ubwo bwigenge, we n’abandi bayobozi ba Catalonia barirukanwa.
The Guardian ivuga ko we n’abaminisitiri batanu bamugaragiye bagaragaye mu Bubiligi bivugwa ko bahunze, nyuma yaho gato Umushinjacyaha mukuru wa Espagne, José Manuel Maza, avuga ko bagomba gukurikiranwaho ibyaha byo kurwanya abutegetsi, ubugambanyi no gukoresha umutungo w’igihugu nabi.
Puidgemont aramutse ahamwe n’icyaha cyo kurwanya ubutegetsi, ashobora gukatirwa gufungwa imyaka 30.
Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, Carles Puidgemont we yavuze ko atahunze ahubwo ngo yagiye mu Bubiligi kugira ngo aze kubona uko avuga yisanzuye.
Kuri uyu wa Mbere, Guverinoma yisubije Catalonia, isimbuza by’agateganyo abayobozi birukanwe, itegeka ko hazaba amatora yo kubasimbuza burundu mu minsi mike iri imbere.
Mu mpera z’icyumweru gishize, Minisitiri w’Abinjira n’Abasohoka w’u Bubiligi,Theo Francken, yari yavuze ko bishoboka cyane ko Puigdemont yakwaka ubuhungiro ariko Minisitiri w’Intebe Charles Michel yatangaje ko bitari muri gahunda y’ibyamuzanye.
Abaminisitiri ba Catalonia bahunganye na Puigdemont barimo uw’ubuhinzi, uw’ubuzima, uw’umurimo, uw’ubutegetsi n’uw’umutekano.
Imvururu za politiki zatangiye muri referandumu yateguwe na Guverinoma y’abashaka kwiyomora kuri Espagne ku wa 1 Ukwakira 2017 ; muri 43% bitabiriye amatora 90% batoye kwigenga.
Ku wa Gatanu w’icyumweeru gishize nibwo ubwo bwigenge bwatangajwe, bituma Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Mariano Rajoy, asesa Inteko Ishinga Amategeko ya Catalonia anavanaho Puigdemont.
Mbere ya referandumu, Intara ya Catalonia yariyoboraga ikagira Inteko Ishinga Anmategeko yayo, igipolisi, radiyo, televiziyo, Guverinoma na Perezida ariko iri munsi y’ubutegetsi bwa Espagne.



















TANGA IGITEKEREZO