Kuri uyu wa Gatandatu Erdogan yabwiye abanyamakuru ko Netanyahu bamukuyeho amaboko.
Ati “Netanyahu ntabwo akiri umuntu twavugana. Twamukuyeho amaboko.”
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Turikiya kandi kuri uyu wa Gatandatu yahamagaje ambasaderi wayo muri Israel, kubera uburyo intambara Israel yatangije muri Gaza ikomeje kugira ingaruka ku batuye ako gace no kuba icyo gihugu kidakozwa ibyo gutanga agahenge ngo hakorwe ibikorwa by’ubutabazi.
Nubwo Erdogan yavuze ko atazongera kuvugana na Netanyahu ku by’intambara, yemeje ko ibihugu byombi bidacanye umubano.
Ati “Ntabwo guca umubano bishoboka cyane cyane muri dipolomasi mpuzamahanga.”
Yavuze ko Netanyahu akwiriye kumva inama agirwa zo guhagarika intambara kuko ngo n’abaturage be bamwe batangiye kumuvaho.
Mu cyumweru gishize Erdogan yahagaritse uruzinduko yari afite muri Israel, kubera imyitwarire y’icyo gihugu n’ingabo zacyo muri Gaza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!