00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Polisi yatahuye aho ibyibwe mu nzu ndangamurage ya Louvre byahishwe

Yanditswe na Manzi Sabin
Kuya 14 January 2026 saa 11:04
Yasuwe :

Abapolisi bahawe gukurikirana ibikoresho by’agaciro byibwe mu nzu ndangamurage ya Louvre umwaka ushize, batahuye ahantu byahishwe i Aubervilliers, mu burengerazuba bw’Umujyi wa Paris mu Bufaransa.

Tariki 19 Ukwakira 2025, nibwo abajura bane bipfutse mu maso binjiye muri iyi nzu ndangamurage izwi cyane i Paris, bakoresheje imodoka ifite urwego rurerure ruzamuka, binjira mu cyumba cyarimo ibintu by’agaciro, bakata umuryango w’ikirahure n’imashini maze biba ibihangano umunani bifite agaciro ka miliyoni 100$.

Nk’uko amashusho yafashwe na camera zicunga umutekano abigaragaza, babiri mu bashinjwa bagaragaye bajya mu igaraje ryubatse munsi y’ubutaka nyuma gato y’ubwo bujura. Ayo mashusho agaragaza bari kugenzura ibyo bari bamaze kwiba mu masegonda make mbere yo kubihisha. Aha ni naho byaje gusangwa.

Mu byibwe harimo diamants 8.482, amabuye 35 yo mu bwoko bwa émeraudes, 34 ya Saphir na 212 ya beads.

Iyi nzu ni yo nzu ndangamurage isurwa cyane kurusha izindi ku Isi, aho isurwa n’abarenga miliyoni 9 buri mwaka.

Nyuma y'amezi abiri, polisi yatahuye aho ibyibwe mu nzu ndangamurage ya Louvre byahishwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages