00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Pologne: Polisi yinjiye muri Perezidansi, ita muri yombi Abadepite bari bahahungiye

Yanditswe na Kanamugire Emmanuel
Kuya 13 January 2024 saa 07:18
Yasuwe :

Polisi yo muri Pologne yinjiye mu ngoro ya Perezida iherereye i Varsovie, ita muri yombi uwahoze ari Minisitiri w’Umutekano n’uwari umwungirije bari bahungiyeyo.

Mariusz Kaminski na Maciej Wasik bakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri mu kwezi gushize, bahamijwe ibyaha byo gukoresha ububasha bwabo mu buryo butari bwo, ubwo bari bayoboye urwego rushinzwe kurwanya ruswa mu 2007.

Nyuma y’itabwa muri yombi ryabo, Minisitiri w’Umutekano mushya, Marcin Kierwinski, yatangaje ko muri iki gihugu buri wese areshya na mugenzi we imbere y’amategeko.

Iki gikorwa kigaragaza ukutumvikana hagati y’ishyaka riharanira ubutabera (PiS) n’ihuriro rishya rishyigikiye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Aba bagabo bari baratowe nk’abadepite bahagarariye ishyaka rya PiS mu Ukwakira umwaka ushize, ariko bari banze kwakira icyemezo cy’urukiko kubera ko Perezida Andrzej Duda, ushyigikiye PiS, yabababariye mu 2015.

Perezida Duda na we yari yavuze ko atemera umwanzuro w’urukiko, ashimangira ko imbabazi yatanze zigifite agaciro.

Ku wa Gatatu, Perezida wa Pologne yatangarije kuri televiziyo y’igihugu ko ababajwe n’ifungwa ry’aba bagabo babiri, ahamya ko ari inyangamugayo.

Aba badepite bombi bari bambuwe inshingano zabo ariko bo hamwe na Perezida Duda bakomeza gushimangira ko batowe byemewe n’amategeko kubera ko bahawe imbabazi.

Ku wa Mbere mu gitondo, urukiko rwashyizeho impapuro zo kubata muri yombi zishyikirizwa polisi.

Minisitiri w’Intebe, Donald Tusk, yavuze ko icyemezo cy’urukiko kigomba gushyirwa mu bikorwa, agaragaza Perezida Duda nk’umuntu ushaka gufasha abo bagabo gucika ubutabera.

Abo mu ishyaka PiS mu myigaragambyo nyuma y'itabwa muri yombi ry'abo bagabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages